Amahanga (Kinya)

Bavandimwe, Iyaba muzi ayo mahanga ukuntu ahanda Mwajya mutugirira impuhwe. Mutege amatwi mbabwire ameteka yaho hanze babakangisha. Si umurwenge ahubwo ni akumiro.

  • Icyambere cyo baratwanga ngo turirabura cyane ra. Wagirango bo ntibera cyane.
  • Ikindi ubukonje bwaho buracengera kugera no mu mara. Ndetse hari nabagendana ibiringiti ndakurahiye. Shenge ntimugashogore ngo ntitwasubije inyandiko zanyu za whatsapp. Waba uri gutitira wowe ukajya mu ma telephoni?
  • Amafaranga yo arahari sinababeshya gusa bisaba gukora nki machini. Kandi uko yinjira ari menshi ni nako asohoka ari menshi. Ibaze kwishyura milliyoni 1 n’igice ku kumba na salon.
  • Ibiryo byo sinakubwira. Bibyibushya kubi kandi intugamubiri, wapi. Noneho basigaye bakora inyama mu nganda. Ibisimba ngo ntibakibyica, babigize amata yabashyitsi. Tinya ahantu bagira salon z’imbwa. Ibaze kubona imbwa ikurusha aga pedicure keza. Sofie, tubabarire ariko n’akumiro.
  • Cyakora icyo tubarusha ni kimwe. Inaha aba pasitori ntibarondogora. Nyuma y’isaha n’igice biba birangiye. Kandi ubwo muraje muvuge ngo twaraguye.

Turashima Imana yatugejeje muri ayo mahanga ngo dupagase. Gusa ntibakabakange, hano si shya shya.

Amashyo?


Comments

Leave a comment